Radio
13:00 - 13:29
Iwanyu mu ntara
Republika ya demokarasi ya Kongo irarega u Rwanda mu gushyigikira umutwe w’inyeshyamba za M23 uyirwanya. Ejo ku wa gatatu, ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Kongo, Christophe Lutundula yavuze ko "M23 ishyigikiwe na Leta y’u Rwanda yagabaye ibitero ku ngabo za Kongo”. U Rwanda ntacyo rurabivugaho
19:30 - 20:00
Amakuru ku Mugoroba
Mu turere twa Gasabo na Nyarugenge i Kigali mu Rwanda hakomeje kumvikana ibibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Mu Burundi, ikibazo cy'abana bata ishuli giteye inkeke. Amashirahamwe akorana n'iby'uburezi yemeza ko muri uyu mwaka w’amashuli, abarenga ibihumbi 25 bamaze kureka amasomo.